RWANYA KUBA IMBATA Y’ISUKALI: UBWOKO 4 BURANGA ABANTU BABASWE N’ISUKALI

by Philemon kwizera, RN

Waba ukunda isukali bikabije? Niba igisubizo ari yego, ntabwo uri wenyine. Abatunganya ibiribwa bongeramo byibuze ibiro 63.5 kugeza 68 by’isukari kumuntu buri mwaka. Iyindi irenga 18% yiyo dufata kumunsi iba yavuye mubiribwa byakobowe cyane (processed) nk’umuceri w’umuweru, ingano z’umweru, ….ntabwo bitangaje kuba waba uri mumuryango wababaswe n’isukari. Uyu munsi tugiye kuvuga kubwoko butandukanye buranga umuntu wabaswe no gufata ibintu birimo isukali nyinshi

UBWOKO BWA 1

Abantu babaswe n’isukali nyinshi bo mukiciro cya mbere, baba bakunda imitobe yo munganda arimo isukali nyinshi ndetse n’ikawa, kandi bakunze kubura ibitotsi nijoro bituma kugirango kumanywa bagire imbaraga usanga banywa  iyo mitobe cyangwa ikawa cyane ikindi kibaranga bakunze kurwara igifu ndetse no kugira ikirungurira kubera kurya indyo ituzuye ndetse no kutarira kugihe gikwiye.

UBWOKO BWA 2

Abantu babaswe n’isukali yo mubwoko bwa 2, bakunze guhorana stress, haba mukazi cyangwa muzindi nshingano baba bafite, mugihe agize iyo stress ahita afata ibintu birimo isukali nyinshi kugirango abashe kumva aguwe neza.

UBWOKO BWA 3

Abantu bari muri iki kiciro ni abantu bakunda isukali kurwego rwo hejuru, kuburyo iyo umuntu bicaranye avuze isukali amazi ahita yuzura akanywa, gufata ibintu birimo isukali kenshi byongera umubare w’udukoko dutoya twitwa yeast tuba mumubiri w’umuntu tuzwi cyane nka candida, umubiri w’umuntu ubusanzwe ubasha kudushyira kumurongo ntihagire ikibazo dutera ariko mugihe twabaye twinshi bigora umubiri. kuko isukali iba itugaburira tugakura, bigatuma umuntu uri muri iki kiciro ahorana imyuka munda, diarrhoea na constipation bisimburana ndetse no kugira ibibazo byamara bitandukanye harimo no guphumuka kw’amara. Ikindi izi candida ziguhatira gukomeza kurya isukali cyane.

UBWOKO BWA 4

Abantu bari muri iki kiciro cya 4, usanga bafite imisemburo mikeya, niba uri umugore ukaba ufite estrogen nkeya cyangwa testosterone nkeya, kubagabo. Kubera iyi misemburo mikeya bigatuma uhorana ubwigunge ndetse n’agahinda gakabije, bikagutera gufata ibintu birimo isukali kugirango uzamure serotonin umusemburo utanga ibyishimo mu muntu. Ukaba imbata y’isukali muri ubyo buryo bwo gushaka kongera ibyishimo muri wowe.

MURAKOZE UBUTAHA TUZAVUGA UKO WABIKOSORA KURI BURI KICIRO

Related Posts

Leave a Comment